Deprecated: Hook jetpack_pre_connection_prompt_helpers is deprecated since version jetpack-13.2.0 with no alternative available. in /home1/tohoz1kb/quiz.tohoza.com/wp-includes/functions.php on line 6078
UMUTWE WA III: INOMERO IRANGA IKIBITANDUKANYA, IBIMENYETSO NDANGA. – Imyitozo n'Amasomo bya Provisoire

IGICE CYA MBERE: Amategeko Abanza
Iri teka rigenga uburyo bwo kugenda mu nzira nyabagendwa, bwerekeye abanyamaguru, ibinyabiziga, inyamaswa zikurura, izikorera ibintu, cyangwa izo bagenderaho kimwe n'amatungo.

IGICE CYA KANE: IBIMENYETSO.
Muri iki gice uramenyeramo ibijyanye n'ibimenyetso byose byo mu muhanda. Murasangamo ibyapa, ibimenyetso bimurika n'ibimenyetso byo mu muhanda.

IGICE CYA GATANDATU: IMIGENZURIRE Y’IMITERERE Y’IBINYABIZIGA
Muri iki gice muramenya byose bijyanye n'imigenzurire y'imiterere y'ibinyabiziga.

IGICE CYA KARINDWI: KOMITE Y’IGIHUGU ISHINZWE UMUTEKANO MUHANDA

IGICE CYA MUNANI: GUFUNGA IBINYABIZIGA

IGICE CYA CYENDA: AMATEGEKO Y’INZIBACYUHO, AVANWAHO N’ATANGIRA GUKURIKIZWA.

UMUTWE WA III: INOMERO IRANGA IKIBITANDUKANYA, IBIMENYETSO NDANGA.
About Lesson

Ingingo ya 125 :

a) Ibinyabiziga by’abikorera ku giti cyabo, ibya za Ambasade, iby’imiryango ifite ubusonerwe, iby’abakozi b’izo za ambasade cyangwa b’iyo miryango:

1) Buri kinyabiziga na buri romuruki bihabwa nimero ibiranga ishyirwa ku cyapa cy’inyuma gifite ibikiranga biteganijwe mu ngingo ya 126.  Ku byerekeye ibinyabiziga bigendeshwa na moteri, iyo nimero itangwa hakoreshejwe ibyapa bibiri.

2) Ikinyabiziga cyemererwa gusa kugenda mu nzira nyabagendwa iyo cyambaye nimero iranga cyahawe.

3) Iyo ikinyabiziga kitagikora , cyangwa cyoherejwe mu mahanga burundu, ibyapa ndanga  bigomba  mu  gihe  cy’amezi  abiri  gukurwaho  bikoherezwa  mu  biro by’imisoro,  biherekejwe  n’ikarita  ndanga    n’inyandiko  isobanura  impamvu byoherejwe.

Iyo  mu  gihe  kimaze  kuvugwa,  ny’iri  nimero  ndanga  aronse  ikindi  kinyabiziga ashobora  gusaba  ibiro  by’imisoro  uruhushya  rwo  kwambika  ikinyabiziga  cye  gishyashya ibyapa yari asanganywe; iryo saba riherekezwa n’ikarita ndanga  kugira ngo ivugururwe.

b) Ibinyabiziga bya Leta, iby’Ingabo z’Igihugu n’ibya Polisi y’Igihugu.

1) Nimero ziranga z’ibyo binyabiziga zishyirwa ku byapa by’icyuma bikorwa hakurikijwe amabwiriza y’ubutegetsi bugenga ibyo binyabiziga.

2) Ihinduka   ryose   rikozwe   ku   cyapa   kiranga   kimwe   n’ihagarika   burundu ry’imikorere y’ikinyabiziga bigomba kumenyeshwa ibiro byatanze icyo cyapa.

Ingingo ya 126 :

  1. Ibyapa by’ibigenzwa mu muhanda bikozwe mu ibati kandi birangwa n’ibimenyetso bikurikira:
  2. Ibinyabiziga bya Leta n’iby’ibigo bigengwa na Leta.

a) Imodoka:

Imbere

Inyuguti GR zikurikiwe n’ imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999. n’inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z igaragaza urwego rwa Leta ikoreramo.

Inyuma

Imibare itatu kuva kuri 001 kugeza kuri 999 ikurikiwe n’inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z  igaragaza urwego rwa Leta ikoreramo byose bikajya hejuru y’inyuguti za GR bisobanura Guvernoma y’ u Rwanda.

b) Imodoka z’ imishinga:

Imbere

Inyuguti GP zikurikiwe n’imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999 bikurikiwe n’inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z igaragaza urwego rwa Leta ruhagarariye uwo mushinga.

Inyuma

Imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999 ikurikiwe n’inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z igaragaza urwego rwa Leta uwo mushinga ukoreramo, byose bikajya hejuru y’ inyuguti za GP bisobanura umushinga wa  guverinoma.

c) Amapikipiki n’ibindi byuma by’imipira myinshi bifite moteri bya Leta:

Inyuguti GR ziri hejuru y’imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999 ikurikiwe n’inyuguti kuva kuri  A kugeza kuri Z igaragaza urwego rwa Leta ikoreramo.

d) Amapikipiki n’ibindi byuma by’imipira myinshi bikoreshwa n’imishinga:

Inyuguti GP ziri hejuru y’imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999 bikurikiwe n’inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z igaragaza urwego rwa leta ruhagarariye uwo mushinga.

  1. Ibigenzwa mu muhanda by’Abikorera uku giti cyabo:

a) Imodoka:

Imbere

Inyuguti R isobanura Rwanda ikurikiwe: n’inyuguti 2 kuva kuri AA kugeza kuri ZZ  zerekana urwego ruto, imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999 n’inyuguti igaragaza urwego runini kuva kuri A kugeza kuri Z.

Inyuma

Imibare itatu kuva kuri 001 kugeza kuri 999 ikurikiwe n’ inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z yerekana urwego runini byose bikajya hejuru y’ inyuguti ya R  isobanura Rwanda ikurikiwe n’inyuguti 2 kuva kuri AA kugeza kuri ZZ zigaragaza urwego ruto.

b) Amapikipiki n’ibindi by’imipira bifite moteri:

Inyuguti R ikurikiwe n’inyuguti ebyiri kuva kuri AA kugeza kuri ZZ zerekana urwego ruto, ziri hejuru y’imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri999 n’inyuguti yerekana urwego rukuru kuva kuri A kugeza kuri Z.

c) Rumoruki na za makuzungu:

Inyuguti RL ziri hejuru y’imibare 4 kuva kuri 0001 kugeza kuri 9999.

  1. Ibinyabiziga byavanywe mu mahanga n’ abacuruzi babyo:

Imbere

Inyuguti za M( bisobanura ko bicuruzwa); R (Rwanda) ) zikurikiwe n’ inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z bigaragaza urwego n’imibare 3 kuva kuri 001 kugeza kuri 999.

Inyuma

Imibare itatu kuva kuri 001 kugeza kuri 999 byose biri hejuru y’ inyuguti MR zikurikiwe n’inyuguti kuva kuri A kugeza kuri Z igaragaza urwego.

  1. Ibinyabiziga by’abantu bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, imiryango mpuzamahanga n’iy’uturere n’abantu bagengwa n’amategeko yerekeye uburenganzira buhabwa abahagarariye ibihugu byabo mu byerekeye imisoro na gasutamo n’ibindi nkabyo uretse ba konsuli bahagarariye ibihugu byabo n’abakozi ba za konsula:

a) Imodoka

Imbere

Inyuguti CD zibanzirizwa n’umubare werekana uko bagiye bagera mu Rwanda kandi zikurikiwe n’umubare werekana urwego kuva kuri 01 kugeza kuri 99 n’inyuguti R isobanura Repubulika y’u Rwanda.

Inyuma

Imibare 2 yerekana urwego ikurikiwe n’inyuguti ya R byose bikajya hejuru y’inyuguti za CD zibanjirijwe n’umubare ugaragaza uko bagiye bagera mu Rwanda.

b) Amapikipiki n’ ibindi byuma by’imipira myinshi bifite moteri.

Inyuguti CD ziri hejuru  zibanjirijwe n’ umubare ugaragaza uko bagiye bagera mu Rwanda byose biri hejuru y’ imibare kuva kuri 01 kugeza kuri 99 yerekana urwego ikurikiwe n’ inyuguti ya R isobanura Repubulika y’ Rwanda.

  1. Ibinyabiziga bikoreshwa na za konsula:

a) Imodoka

Imbere

Inyuguti  CC  zibanzirizwa  n’umubare  werekana  uko  bakurikirana  bagera  mu Rwanda kandi zikurikiwe n’umubare werekana urwego kuva kuri 01 kugeza kuri 99 n’inyuguti R isobanura Repubulika y’u Rwanda

Inyuma

Imibare 2 kuva kuri 01 kugeza kuri 99 yerekana urwego ikurikiwe n’inyuguti ya R byose  bikajya  hejuru  y’  inyuguti  za  CC  zibanjirijwe  n’umubare  werekana  uko bagiye bagera mu Rwanda.

b) Amapikipiki n’ ibindi byuma by’imipira myinshi bifite moteri.

Inyuguti CC ziri hejuru  zibanjirijwe n’ umubare ugaragaza uko bagiye bagera mu Rwanda byose biri hejuru y’ imibare kuva kuri 01 kugeza kuri 99 yerekana urwego ikurikiwe n’ inyuguti ya R isobanura Repubulika y’ Rwanda.

  1. Ibinyabiziga biva mu mahanga by’agateganyo:

a) Imodoka

Imbere

Inyuguti IT zikurikiwe n’imibare ine kuva kuri 0001 kugeza kuri 9999 hamwe n’inyuguti R isobanura Repubulika y’u Rwanda

Inyuma

Inyuguti za IT zose zikaba hejuru y’ imibare ine kuva kuri 0001 kugeza kuri 9999 ikurikiwe n’ inyuguti ya R isobanura Repubulika y’ u RWANDA.

b) Amapikipiki n’ibindi byuma by’imipira bifite moteri:

Inyuguti IT zigeretse ku mibare ine kuva kuri 0001 kugeza kuri 9999 n’inyuguti ya R isobanura Repubulika y’u Rwanda.

  1. Imodoka z’ Imiryango ishamikiye k’uw’ Abibumbye

a) Imodoka

Imbere

Inyuguti za UN zibanjirijwe n’umubare werekana uko bagiye bagera mu Rwanda zikurikiwe n’imibare 2 kuva kuri 01 kugeza kuri 99 yerekana urwego n’ inyuguti ya R isobanura Repubulika y’ u Rwanda.

Inyuma

Imibare ibiri kuva kuri 01 kugeza kuri 99 igaragaza urwego ikurikiwe n’inyuguti ya R byose biri hejuru y’ inyuguti za UN zibanjirijwe n’umubare ugaragaza uko bagiye baza mu Rwanda.

b) Amapikipiki n’ibindi byuma by’ imipira myinshi bifite moteri

Inyuguti za UN zibanjirijwe n’umubare werekana uko bagiye bagera mu Rwanda byose  bikajya  hejuru  y’  imibare  ibiri kuva  kuri  01  kugeza  kuri  99  ikurikiwe n’inyuguti ya R isobanura Repubulika y’u Rwanda.

  1. Ibyapa by’ ibigenzwa mu muhanda mu mazina bwite y’abantu cyangwa amasosiyeti

Izina bwite ry’umuntu cyangwa isosiyeti ribanjirijwe n’inyuguti ya R isobanura Repubulika y’u Rwanda.

B. Amabara y’ibyo byapa agenwe ku buryo bukurikira:

Inyuguti  n’imibare  bifite  ibara  ry’umukara  ku  cyapa  cy’umweru  ku  ruhande rw’imbere,  n’umukara  ku  cyapa  cy’umuhondo  ku  ruhande  rw’inyuma  ku binyabiziga by’abantu bikorera ku giti cyabo; bikaba bifite ibara ry’ umukara mu muhondo ku mapikipiki n’ibindi byuma by’ imipira myinshi.

Bifite ibara ry’umweru mu cyapa cy’umutuku imbere n’inyuma h’imodoka ku bigenzwa mu muhanda byatumijwe n’ababicuruza.

Bifite ibara ry’ umweru  ku cyapa cy’umutuku imbere n’inyuma h’imodoka ku bigenda mu muhanda bya Leta n’iby’ibigo bigengwa na Leta.

Bifite ibara ry’icyatsi kibisi ku cyapa cy’umweru imbere n’inyuma h’imodoka ku bigenzwa  mu  muhanda  by’abahagarariye  ibihugu  byabo,  iby’imiryango mpuzamahanga  cyangwa  y’uturere  ikorera  mu  Rwanda,  iby’abantu  bagengwa n’amategeko yerekeye uburenganzira buhabwa abahagarariye ibihugu byabo mu byerekeye imisoro na gasutamo n’ibindi nkabyo usibye iby’ imiryango ishamikiye ku muryango w’ abibumbye.

Bifite ibara ry’umukara ku cyapa cy’umuhondo imbere n’inyuma h’imodoka ku binyabiziga  byinjijwe mu Rwanda ku buryo bw’agateganyo.

Bifite ibara ry’umweru ku cyapa cy’ umutuku imbere n’inyuma h’ikinyabiziga ku mamodoka,  amapikipiki  n’ibindi  byuma  by’imipira  myinshi  bikoreshwa n’imishinga ikorera mu RwandaBizaba bifite ibara ry’ umweru ku cyapa cy’ubururu imbere n’inyuma h’imodoka ku mamodoka, amapikipiki n’ibindi byuma by’ imipira myinshi bifite moteri by’imiryango ishamikiye ku muryango w’abibumbye.

Bifite ibara ry’ ubururu ku cyapa cy’ umweru imbere n’inyuma h’ibinyabiziga bifite ibyapa byanditse mu mazina bwite y’abantu cyangwa amasosiyeti.

C. Ingero z’ibyapa n’inyuguti biteye ku buryo bukurikira:

a) Imodoka

Inyuguti n’imibare bingana bitya:

– Ubugari bw’inyuguti: mm55

– Uburebure bw’inyuguti: mm80

– Ubunini bw’imirongo: mm15

– Hagati y’inyuguti n’indi: mm12

– Hagati y’imibare n’inyuguti: mm 53

– Icyapa cy’imbere kigomba kuba gifite nibura mm520 z’uburebure na mm 110 z’ubugari naho icyapa cy’inyuma kikagira nibura mm310 z’uburebure na mm170 z’ubugari.

–  Umurongo ugize inyuguti ugomba kugaragara; hagati y’impande z’icyapa n’icyanditseho hagomba gusigara nibura milimetero 15.

b) Amapikipiki n’ ibindi byuma by’imipira myinshi

Icyapa kigomba kugira nibura uburebure bwa mm200 n’ ubugari bwa mm150

– Ubunini bw’imirongo: mm 10

– Ubugari bw’inyuguti: mm 35

– Uburebure bw’inyuguti: mm 50

– Hagati y’ inyuguti n’indi: mm 10

Ingingo ya 127 :

Ibimenyetso,  amabara  n’ubunini  by’ibyapa  by’ibinyabiziga  bikoreshwa  n’  Ingabo z’Igihugu na Polisi y’Igihugu bigenwa na Minisiteri zifite izo nzego mu nshingano zazo.

Ingingo ya 128 :

Ibimenyetso, amabara n’ubunini bw’ibyapa by’ibinyabiziga bikoreshwa n’abayobozi bakuru b’Igihugu bigenwa na Minisitiri ushinzwe Transiporo.

ICYITONDERWA

Igishushanyo  cy’  imisozi  igihumbi  kigomba  kugaragara  ku  cyapa  cy’imbere  mu mwanya uri hagati y’ imibare n’inyuguti; naho ku cyapa cy’ inyuma ku modoka kimwe n’icyapa cy’ amapikipiki, kikagaragara mu mwanya uri hejuru mu nguni y’iburyo.

Join the conversation
Select the fields to be shown. Others will be hidden. Drag and drop to rearrange the order.
  • Image
  • SKU
  • Rating
  • Price
  • Stock
  • Availability
  • Add to cart
  • Description
  • Content
  • Weight
  • Dimensions
  • Additional information
Click outside to hide the comparison bar
Compare
× Tuvugane kuri WhatsApp!