Deprecated: Hook jetpack_pre_connection_prompt_helpers is deprecated since version jetpack-13.2.0 with no alternative available. in /home1/tohoz1kb/quiz.tohoza.com/wp-includes/functions.php on line 6078
ICYICIRO CYA XV: Uko amatara akoreshwa. – Imyitozo n'Amasomo bya Provisoire

IGICE CYA MBERE: Amategeko Abanza
Iri teka rigenga uburyo bwo kugenda mu nzira nyabagendwa, bwerekeye abanyamaguru, ibinyabiziga, inyamaswa zikurura, izikorera ibintu, cyangwa izo bagenderaho kimwe n'amatungo.

IGICE CYA KANE: IBIMENYETSO.
Muri iki gice uramenyeramo ibijyanye n'ibimenyetso byose byo mu muhanda. Murasangamo ibyapa, ibimenyetso bimurika n'ibimenyetso byo mu muhanda.

IGICE CYA GATANDATU: IMIGENZURIRE Y’IMITERERE Y’IBINYABIZIGA
Muri iki gice muramenya byose bijyanye n'imigenzurire y'imiterere y'ibinyabiziga.

IGICE CYA KARINDWI: KOMITE Y’IGIHUGU ISHINZWE UMUTEKANO MUHANDA

IGICE CYA MUNANI: GUFUNGA IBINYABIZIGA

IGICE CYA CYENDA: AMATEGEKO Y’INZIBACYUHO, AVANWAHO N’ATANGIRA GUKURIKIZWA.

ICYICIRO CYA XV: Uko amatara akoreshwa.
About Lesson

Ingingo ya 41 :

Kubyerekeye  kwerekana  ibinyabiziga  n’ukumurika  kwabyo,  ndetse  no  kwerekana ihindura ry’ibyerekezo byacyo n’umuvuduko birabujijwe gukora andi matara cyangwa utugarurarumuri  uretse ibitegetswe cyangwa ibiteganywa n’iri teka.

Ibimaze kuvugwa ntibyerekeye gukoresha amatara ari imbere mu modoka mu gihe bitabangamiye abandi bayobozi.

I. AMATARA-NDANGA.

Ingingo ya 42 :

  1. Iyo kuva bwije kugeza bukeye cyangwa bitewe nuko ibihe bimeze nk’ igihe cy’ ibihu cyangwa cy’ imvura nyinshi, biba bitagishoboka kubona neza muri metero 200, ukuba mu nzira nyabagendwa kw’ abagenzi, kw’ ikinyabiziga, kw’ imitwaro n’amatungo kugomba kugaragazwa ku buryo bukurikira:
  1. a) Ibinyamitende, velomoteri n’amapikipiki  bidafite  akanyabiziga  ko  kuruhande uretse ikinyamitende na velomoteri bidafite umuyobozi:

–  imbere itara rimwe ryera cyangwa ry’umuhondo cyangwa se  risa  n’icunga rihishije (itara ndanga-mbere);

–  inyuma, itara rimwe ritukura (itara ndanganyuma);

Ibi bimaze kuvugwa ntibikurikizwa ku binyabiziga bimaze kuvugwa haruguru, iyo kubera uko byahanzwe, bidafite batiri, kandi bikaba bihagaze akanya gato cyangwa kanini mu rusisiro kimwe no ku ruhande rw’umuhanda.

  1. b) ibinyabiziga bigendeshwa na  moteri  bitari  velomoteri  n’amapikipiki  bidafite akanyabiziga ku ruhande:

– inyuma, n’amatara abiri atukura (amatara ndanganyuma).

  1. c) imodoka zikuruwe n’inyamaswa, ingorofani, inyamaswa zitwaye imizigo cyangwa zigenderwamo kimwe n’amatungo bigomba kurangwa:

–    imbere n’itara ryera cyangwa ry’umuhondo cyangwa se risa n’icunga rihishije (itara ndanga-mbere);

–    inyuma n’itara rimwe ritukura (itara ndanganyuma).

Ayo matara ashobora guturuka kw’isoko imwe itanga ahagana imbere urumuli rwera cyangwa rw’umuhondo cyangwa se rusa n’icunga rihishije kandi igatanga inyuma urumuri  rutukura  cyangwa  ayo  matara  agasimburwa  n’itara  rimwe  ritanga  mu byerekezo byose urumuri rusa n’icunga rihishije cyangwa ry’umuhondo, keretse iyo ikinyabiziga  cyangwa  se  ibinyabiziga  bikomatanye  bikururwa  n’inyamaswa  bifite uburebure  burenga  metero 6  harimo  n’imitwaro  cyangwa  iyo  inyamaswa  zigize umukumbi w’inyamaswa 6 byibura. Ayo matara ashobora gutwarwa n’umuyobozi cyangwa umuherekeza  ugenda  ahegereye  ibumoso  bw’ikinyabiziga  cyangwa bw’inyamaswa.

  1. d) ibinyabiziga bihinga n’ibindi  bikoresho  byihariye  bikoreshwa  n’ibigo  bipatana imirimo:

– byaba amatara ateganyijwe ku mugemo b);

– cyangwa amatara ateganyijwe ku mugemo c);

ibyo binyabiziga bipfa kutarenza gusa umuvuduko wa kilometero 20 mu isaha kandi uburebure bwabyo, habariwemo ibyo bitwaye bukaba butarengeje metero 6.

  1. e) Ibindi binyabiziga iyo bigenda mu muhanda bigomba kugira:

–  imbere, itara ryera cyangwa ry’umuhondo cyangwa risa n’icunga rihishije riri ku ruhande rw’ibumoso rw’ikinyabiziga;

–  inyuma, n’itara ritukura riri ku ruhande rw’ibumoso bw’ikinyabiziga.

Ayo matara  ashobora  guturuka  kw’isoko  imwe  ishobora  gutanga  urumuri  rwera cyangwa rusa n’icunga rihishije kandi igatanga ahagana inyuma urumuri rutukura cyangwa  ayo  matara  agasimburana  n’itara  rimwe  ritanga  mu  byerekezo  byombi urumuli rusa n’icunga rihishije cyangwa risa n’umuhondo iyo ikinyabiziga cyangwa ibinyabiziga bikomatanye birengeje metero 6 habariweho ibyo byikoreye.

Ibinyabiziga bigendwamo n’abana kimwe n’ingorofani n’ibimuga cyangwa abarwayi ntibitegetswe kugira ibimenyetso bibyerekana iyo byambukiranya umuhanda cyangwa bigenda ku ruhande rwawo.

  1. f) imirongo y’ingabo z’igihugu  zigendera  kuri  gahunda  n’utundi  dutsiko  twose tw’abanyamaguru  nk’imperekerane  cyangwa  udutsiko  tw’abanyeshuri  bari  ku murongo bayobowe n’umwarimu, iyo bagenda mu muhanda, kw’isonga hakaba hari abantu barenze umwe :

–  imbere,  n’itara  ryera  ritwariwe  ku  ruhande  rw’ibumoso  n’umuntu  uri  ku murongo w’imbere, hafi y’umurongo ugabanya umuhanda mo kabiri;

–  inyuma, n’itara ry’umutuku ritwariwe ku ruhande rw’ibumoso n’umuntu uri ku murongo w’inyuma hafi y’umurongo ugabanya umuhanda mo kabiri.

Impande z’iyo mirongo cyangwa z’utwo dutsiko; iyo uburebure bwazo burenga metero 6, zigomba kugaragazwa n’itara rimwe cyangwa menshi yera, cyangwa y’umuhondo cyangwa asa n’icunga rihishije.

Imitwe y’ingabo ziri mu myitozo ntizitegetswe kugira ibimenyetso biziranga; muri icyo gihe ibigomba gukorwa kugira ngo abagenzi bagire umutekano bitegekwa na Minisitiri ushinzwe Ingabo z’Igihugu.

  1. g) Romoruki:

– iyo  ziziritse  ku  binyabiziga  bivugwa  ku  mugemo  a):  itara  ryera  cyangwa ry’umuhondo cyangwa risa n’icunga rihishije riri kuri romoruki inyuma iyo uburumbarare  bwayo  cyangwa  by’ibyo  yikoreye  bituma  itara  ry’ikinyabiziga gikurura ritagaragara;

–  iyo ziziritse ku bindi binyabiziga byose; n’amatara ndanga-mbere n’aya ndanga-nyuma ateganijwe ku binyabiziga bikurura.

  1. h) ibinyabiziga cyangwa imitwaro bifite ubugari burenga metero 2,50 :

–    imbere n’inyuma; n’amatara ateganywa ku mugemo b) w’iyi ngingo;

– imbere n’inyuma kandi kuri buri ruhande, ndetse byaba ngombwa no ku mpera y’amabondo y’ikinyabiziga cyangwa y’imitwaro, n’itara ndangaburumbarare risa n’icunga rihishije cyangwa ry’umuhondo.

  1. Iyo ikinyabiziga gihagaze umwanya muto cyangwa munini, gukoresha amatara ateganywa ku gika cya mbere cy’iyi ngingo bitegetswe gusa iyo amatara yo ku muhanda adatuma ikinyabiziga kigaragara neza muri metero 100, kandi n’igihe ikinyabiziga  gihagaze  umwanya  muto  cyangwa  munini  inyuma  y’imyanya yabiteganyirijwe by’umwihariko yerekanwa  n’ikimenyetso n°E, 20.
  1. Amatara ndanga mbere  n’aya  ndanga  nyuma  y’imodoka  zitarengeje  metero  6 z’uburebure  na  metero  ebyiri  z’ubugari  habariwemo  imitwaro  kandi  nta  kindi kinyabiziga kiziritseho, ashobora gusimburwa n’amatara yo guhagarara umwanya munini iyo ibyo binyabiziga bihagaze umwanya muto cyangwa munini mu nsisiro bibangikanye ku ruhande rw’umuhanda.

Ayo  matara  azaba  yera  cyangwa  asa  n’umuhondo  ahagana  imbere  n’umutuku cyangwa umuhondo inyuma.

Itara cyangwa amatara yo guhagarara umwanya munini ku ruhande rw’umurongo ugabanya umuhanda mo kabiri niyo yonyine agomba gucanwa.

  1. Amatara kamenabihu y’inyuma  ntashobora  gukoreshwa  atari  uko  inkomyi  zo kubona neza, imiterere y’ikirere mu buryo bwo kubona neza nk’igihu cyangwa imvura nyinshi bituma ntawe ubona hirya ya metero 100.

II. AMATARA MAGUFI N’AMATARA MAREMARE

    Ingingo ya 43 :

    1. Amatara magufi n’amatara maremare agomba gucanirwa rimwe n’amatara ndanga iyo hagati yo kurenga no kurasa kw’izuba cyangwa bitewe n’uko ibihe byifashe, nk’igihe  cy’igihu  cyangwa  cy’imvura  nyinshi,  bidashobotse  kubona  neza  muri metero zigeze ku 100.
    1. Nyamara, amatara magufi n’amatara maremare agomba kuzima iyo ikinyabiziga gihagaze umwanya muto cyangwa munini.
    1. Amatara maremare y’ikinyabiziga agomba kuzimwa:
    2. a) iyo umuhanda umurikiwe hose kandi bikaba bihagije kugira ngo umuyobozi ashobore kureba neza muri metero zigeze ku 100;
    1. b) iyo ikinyabiziga kigiye kubisikana n’ikindi, hakiri intambwe zihagije kugirango icyo kinyabiziga gishobore gukomeza kugenda ku buryo bucyoroheye kandi butagitera ibyago, akabigira buri gihe cyose umuyobozi acana azimya vuba vuba amatara maremare yerekana ko ahumwe;
    1. c) iyo ikinyabiziga gikurikiye ikindi mu ntambwe zitagera kuri metero 50, keretse iyo umuyobozi wacyo ashaka kunyura kucyo akurikiye acana azimya vuba vuba amatara  maremare.
    1. Amatara magufi y’amapikipiki na velomoteri bigenda mu nzira nyabagendwa agomba gukoreshwa igihe cyose no mu buryo bwose.
    1. Amatara kamenabihu y’imbere y’ikinyabiziga akoreshwa gusa iyo imiterere y’ikirere nk’igihe cy’igihu cyangwa cy’imvura nyinshi bituma ntawe ubona neza nko muri metero 100,  iyo  ikinyabiziga  kigenda  mu  nzira  nyabagendwa  ifunganye  irimo amakoni  menshi.

    Ayo  matara  kamenabihu  ashobora  gusimbura  amatara  yo  kubisikana  cyangwa amatara y’urugendo.

    1. Amatara-ndanga agomba gucanirwa rimwe n’amatara yo kubisikana, n’amatara y’urugendo cyangwa n’amatara kamenabihu.
    1. Amatara yo gusubira inyuma acanwa gusa igihe cyo gusubira inyuma, nta na rimwe agomba kubangamira abandi bagenzi.
    1. Amatara ashakisha acanwa gusa igihe ari ngombwa kandi atabangamiye abandi bayobozi.

    III. KWEREKANA GUHINDURA ICYEREKEZO N’UMUVUDUKO

    Ingingo ya 44 :

    Umuyobozi ushaka guhindukiza ikinyabiziga cyangwa kukiganisha ku ruhande, nko kugikata  mu  masangano  kuva  mu  muhanda,  cyangwa  kugihagarika  ibumoso bw’umuhanda,agomba kubanza kubigaragaza neza kandi ku buryo buhagije, akiri muri m50 nibura, akoresheje itara cyangwa amatara ndanga-cyerekezo y’ikinyabiziga cye cyangwa yaba atayafite, akabikoresha ukuboko kwe.

    Uko kubyerekana kugomba kurangirana n’icyo yashakaga gukora.

    Ingingo ya 45 :

    Umuyobozi ushaka kugabanya umuvuduko w’ikinyabiziga cye agomba kubyerekana.

    Uko  kubyerekana  kugomba  kugaragazwa  n’amatara  yo  guhagarara,  yaba  ntayo bikerekanishwa ukuboko.

    Ingingo ya 46 :

    Ukwerekana  guhindura  icyerekezo  cyangwa  umuvuduko  ntibibuza  umuyobozi gukurikiza  ibyo  agomba  gukora  bitewe  n’umwanya  abandi  bagenzi  barimo n’umuvuduko bafite.

    Join the conversation
    Select the fields to be shown. Others will be hidden. Drag and drop to rearrange the order.
    • Image
    • SKU
    • Rating
    • Price
    • Stock
    • Availability
    • Add to cart
    • Description
    • Content
    • Weight
    • Dimensions
    • Additional information
    Click outside to hide the comparison bar
    Compare
    × Tuvugane kuri WhatsApp!